1 of 42

Menya Uburenganzira Bwawe

Massachusetts Immigrant and Refugee Advocacy Coalition�(Ihuriro rya Massachusetts Rishyigikira Abimukira n’Abahahungiye (MIRA))

2 of 42

Ibyerekeye MIRA:

2

Intego yacu ni Leta – ndetse n’igihugu – aho buri wese ashobora kubaho neza, hatitawe aho yaturutse cyangwa uko yageze hano, kandi akitabira byuzuye mu buzima bw’imibereho, ubukungu n’imiyoborere y’aho atuye.

  • Kuvuganira abaturage ku rwego rwa leta ku bijyanye n’amategeko n’imikoreshereze y’ingengo y’imari
  • Kuvuganira abaturage ku rwego rw’igihugu
  • Amahugurwa no kongera ubushobozi
  • Umurongo wo gutabariza abimukira

3 of 42

Incamake ku Bikorwa by’Iyubahirizwa ry’Amategeko Agenga Abimukira

3

4 of 42

Sisitemu y’Abimukira:

4

Urwego rw’Abashinzwe Kubahiriza Amategeko y’Abimukira n’Imisoro (ICE)

Urwego Rushinzwe Imisoro n’Umutekano ku Mipaka (CBP)

Serivisi z’Ubumwenegihugu n’Abimukira

Inzego 3 z’Ingenzi mu Ishami ry’Umutekano w’Igihugu

5 of 42

Sisitemu y’Abimukira: Ishami ry’Umutekano w’Igihugu

5

Serivisi z’Ubumwenegihugu n’Abimukira (USCIS)

Basuzuma dosiye kandi bagakora ibiganiro ku bijyanye na:

  • Ubuhungiro
  • Amakarita y’icyatsi (green card)
  • Visa zihariye
  • Kuvugurura uruhushya rw’akazi
  • Gusaba ubwenegihugu

Bashobora guha abujuje ibisabwa icyemezo cy’uburenganzira, ariko nanone bashobora kwanga ubusabe butujuje ibisabwa.

6 of 42

Sisitemu y’Abimukira: Ishami ry’Umutekano w’Igihugu

6

Urwego Rushinzwe Imisoro n’Umutekano ku Mipaka (CBP)

Ubugenzuzi bw’imipaka

  • mu bilometero 100 uvuye ku mipaka yose,
  • ku masuzumiro y’abagenzi,
  • no ku masanganzira yo kwinjira mu gihugu.

7 of 42

Sisitemu y’Abimukira: Ishami ry’Umutekano w’Igihugu

7

Urwego rw’Abashinzwe Kubahiriza Amategeko y’Abimukira n’Imisoro (ICE)

  • Ifatwa, gufungwa no gusubizwa mu gihugu cy’abimukira

Abakozi ba ICE bamwe na bamwe bambara imyambaro isanzwe kandi bagatwara imodoka zitariho ibirango mu gikorwa cyo gufata umwimukira.

8 of 42

Iyubahirizwa ry’amategeko y’abimukira rigaragara rite?

8

9 of 42

Uko Abantu Bashobora Guhura n’Inzego Zishinzwe Kubahiriza Amategeko y’Abimukira

9

  • Guhura n'inzego mpanabyaha
        • Kuba kwa ICE imbere no hanze y’inkiko mpanabyaha
  • Gusaba ubufasha muri USCIS, cyane cyane iyo wategetswe gusubizwa iwanyu cyangwa uregwa icyaha
  • Abafite green card bagarutse mu gihugu bavuye mu rugendo
  • Gusaka no gushyira mu bikorwa amabwiriza y’ingego
  • Ibindi bintu byoroheje

10 of 42

Impamvu zo Gusubizwa mu Gihugu

10

Kubura icyemezo cyemewe n’amategeko

Impamvu z’icyaha, harimo:

– Hafi ibyaha byose birebana n’ibiyobyabwenge

– Bimwe mu byaha by’ihohoterwa rwo mu muryango, kurenga ku mategeko yo kurinda

– Bimwe mu byaha byo kwiba, uburiganya n’ibindi byinshi!

Kurenga ku mategeko y’abimukira / Uburiganya

Rimwe na rimwe, ibyaha bisa n’ibito kandi bidakoreshejwemo urugomo bishobora gutera gusubizwa mu gihugu ku ngufu, n’iyo uwabikoze yaba afite green card!

Impamvu zijyanye n’umutekano

(kwifatanya n’amabandi, iterabwoba)

11 of 42

Ni Bande Bashobora Gusubizwa mu Gihugu Cyabo?

11

  • Umuntu uwo ari we wese udafite ubwenegihugu bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ashobora kwishyira mu kaga aramutse aguye mu miterere imwe n’imwe, nko kuba akurikiranyweho icyaha cyangwa yarahawe itegeko ryo gusubizwa mu gihugu mbere.
    • Abimukira badafite uburenganzira / Badafite inyandiko zemewe
    • Abafite ubuhungiro cyangwa uburenganzira bwo kuba impunzi cyangwa indi mfashanyo yo kurindwa
    • Abaturage bemewe batuye igihe kirekire (abafite green card)
    • Abatari abimukira (abashyitsi, abanyeshuri, n’abandi)

12 of 42

Kwagura Igikorwa cyo Gusubiza Abimukira Iwabo Byihuse

Niba wumva ufite ubwoba bwo gusubizwa mu gihugu cyawe, saba abayobozi kenshi kandi usabe ikiganiro cyo gusuzuma ubusabe bw’ubuhungiro!

Ubuyobozi bwa Trump bwatangaje ko bugiye kohereza byihuse abantu binjiye badafite viza, batagi­fite uburenganzira bwo gutura, kandi bamaze muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika igihe kitagejeje ku myaka 2, batabanje guhabwa amahirwe yo kwitaba umucamanza w’abimukira. Abana badafite ababaherekeje ntibashobora gushyirwa muri iri tezuka ryo gusubizwa iwabo byihuse.

Niba umaze imyaka irenze 2 uri muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika

Niba umaze imyaka itarenze 2 uri muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika

  • Jyana ibimenyetso bibigaragaza – nka gihamya y’aho utuye, cyangwa inyandiko z’ishuri, akazi, cyangwa iz’ubuvuzi.
  • Jyana gihamya yerekana ko usanzwe uri mu manza zo gusubizwa iwanyu, ufite uruhushya rwo gutura igihe gito rugifite agaciro, cyangwa ufite dosiye y’ubusabe ikiri gutunganywa.
  • Niba ufite urubanza rw’abimukira rutararangira mu rukiko – reba aho rugeze buri munsi kugira ngo umenye impinduka zose. Nubonamo impinduka, hamagara umwavoka wawe cyangwa ushake ubufasha mu by’amategeko.

12

13 of 42

Menya Uburenganzira Bwawe mu Gihe Uhuye n’Inzego Zishinzwe Kubahiriza Amategeko Agenga Abimukira

13

14 of 42

Itegeko ryo Kwiyandikisha Riri Gukurikizwa

  • Abatagira ubwenegihugu benshi bamaze gufatwa nk’abiyandikishije, harimo:
    • abafite green card cyangwa basabye green card bagitegereje
    • binjiye bafite viza cyangwa uruhushya rwo gutura rw’igihe gito (nubwo rwaba rwararangiye)
    • abafite uruhushya rw’akazi
    • bari mu manza z’abimukira mu rukiko
  • Iri tegeko risaba abantu bose, yaba abakuru cyangwa abana, batarafatwa nk’abiyandikishije, kuzuza ifishi yo kwiyandikisha (Ifishi G-325R) binyuze kuri konti yabo ya USCIS hanyuma bakitabira gahunda yo gutanga ibikumwe. Ibi bishobora no kuba bikubiyemo abantu batigeze bagira aho bahurira n’inzego z’abimukira ndetse n’abamaze gusaba ibyangombwa bya sitati ariko bataratanga ibikumwe.
    • Abana bafite imyaka 14 cyangwa bayirengeje basabwa kwiyandikisha ubwabo. Abamaze kwiyandikisha bagomba kongera kwiyandikisha mu minsi 30 uhereye igihe bujurije imyaka 14.
  • Dore ibyo ugomba kumenya:
  • Niwiyandikisha, ushobora kandi kongera ibyago byo korohereza inzego kukubona ukaba wasubizwa mu gihugu cy’iwanyu ndetse ugakurikiranwaho icyaha cyo kwinjira muri Amerika mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
  • Nutiyandikisha cyangwa ngo witwaze gihamya y’uko wiyandikishije, ushobora kwishyira mu byago byo kuregwa icyaha.

Gisha inama umwavoka kugira ngo usobanukirwe neza ibyago bihari mu mimerere y’ikibazo cyawe bwite!

14

15 of 42

Uburenganzira Bw’ibanze

15

  • Buri muntu uba muri Amerika afite uburenganzira bw’ibanze buteganywa n’Itegeko Nshinga rya Amerika, hatitawe kuri sitati ye y’ubwimukira

  • Ni ngombwa gukoresha ubu burenganzira igihe wumva bitaguteza akaga

16 of 42

Ikarita y’Uburenganzira

16

Amakuru ari mu Ndimi nyinshi ku Gukoresha Ikarita y’Uburenganzira

  • Gukoresha uburenganzira bwo guceceka bishobora kugorana.
  • Ni byiza ko abantu baba bafite ikarita y'uburenganzira mu mufuka wabo ku buryo bashobora kuyikuramo bakayiha abashinzwe abinjira n'abasohoka cyangwa polisi.

17 of 42

Niba Inzego z’Abimukira Zije mu Rugo Rwawe…

17

Ntukihutire gufungura umuryango:

  • Mu mategeko, ntugomba gufungura umuryango keretse umupolisi akweretse impapuro z’itegeko ryo kuguta muri yombi zashyizweho umukono n’umucamanza.
  • Saba abapolisi kwiyerekana (urwego, izina, indangamuntu)
  • Baza niba bafite impapuro z’itegeko ryo kuguta muri yombi zashyizweho umukono n’umucamanza
  • Shyira ikarita ya “Menya Uburenganzira Bwawe” munsi y’umuryango
  • Ufite uburenganzira bwo guceceka no kubona umwunganizi mu mategeko. Nuhitamo gukoresha ubu burenganzira, bwira abapolisi uti: “Ndasaba uburenganzira bwanjye bwo guceceka no kubona umwunganizi mu mategeko.”
  • Hamagara inshuti cyangwa umuryango ufite ubwenegihugu bw’Amerika, cyangwa umwunganizi mu mategeko

18 of 42

Ni ryari Inzego Zishinzwe Kubahiriza Amategeko zishobora kwinjira mu rugo rwanjye?

18

Itangazo ry’Urukiko ryo Gutabwa muri Yombi

Iyo hari itegeko ryo gusaka rifite:

izina ryawe

N’

umukono w’umucamanza

Izina  Ryawe

Umucamanza

19 of 42

Impapuro z’Itegeko ryo Gutabwa muri Yombi

19

Urugero rw’urupapuro rw’itegeko ryo guta muri yombi abimukira: ntirihesha abashinzwe abimukira uburenganzira bwo kwinjira mu rugo

Urugero rw’impapuro z’itegeko ryo gutabwa muri yombi zashyizweho umukono n’umucamanza

20 of 42

Niba Uhagaritswe mu Gihe Utwaye Imodoka…

20

Niba utuye muri Massachusetts, wemerewe kubona uruhushya rwo gutwara imodoka hatitawe kuri sitati yawe y’abimukira!

  • Guma mu modoka. Shyira amaboko ku vola kugira ngo umupolisi abone aho ari.
  • Muri MA, umushoferi agomba gutanga izina n’aho atuye. Ntugomba gusubiza ibibazo. Abagenzi bashobora guceceka.
  • Abapolisi bashobora gusaka imodoka yawe igihe bafite impamvu zifatika zo kwemeza ko wakoze icyaha. Ushobora kubamenyesha mu buryo bweruye ko utemera gusakwa.
  • Ntukigere na rimwe utanga impapuro mpimbano.

21 of 42

Niba Inzego z’Abimukira Zikuhagaritse Aho Hahurira Abantu…

21

  • Guma utuje – Ntugire aho wirukira cyangwa ngo ugerageze kwanga gufatwa!
  • Baza niba uri mu maboko y’ubutabera cyangwa wemerewe kugenda.
  • Guma wicecekeye maze uvuge ko ushaka kuvugana n’umwunganizi mu mategeko.
  • Ufite uburenganzira bwo kudafatwa ibikumwe keretse urimo gufatwa nk’ufunze.
  • Abapolisi bashobora kugusaka igihe bafite impamvu zumvikana zibemeza ko waba witwaje intwaro kandi uteje akaga.
  • Ntuzigera utanga impapuro mpimbano.

22 of 42

Niba Inzego z’Abimukira Zije Aho Ukorera…

22

  • Aho abantu bakorera rimwe na rimwe haba hafite ahantu hihariye n’ahantu rusange
    • Ahihariye: ibiro by’inyuma, igikoni cya resitora
    • Rusange: ahafatirwa amafunguro muri resitora, uruganiriro
  • ICE ikeneye uruhushya rwa nyiraho cyangwa impapuro z’urukiko kugira ngo yinjire mu gice cy’ibanga aho ukorera
    • « Si nshobora kubaha uburenganzira bwo kwinjira. Mugomba kubanza kuvugana n’umukoresha wanjye. »
  • Ufite uburenganzira bwo kuguma wicecekeye
  • Hari igihe ICE isaba abakozi kwitandukanya hakurikijwe sitati y’abimukira:
  • Abakozi cyangwa abakoresha ntibasabwa kwemera ibyo bisabwa cyangwa gutanga amazina y’abakozi bihariye.
  • Andi makuru ku bakoresha.

23 of 42

Ni ryari ngomba kwerekana ibyangombwa?

23

  • Niba ufite imyaka 18 cyangwa uyirengeje, ugomba guhora witwaje inyandiko zawe z’abimukira igihe cyose.

. Ugomba kwerekana izo nyandiko igihe uzisabwe.

  • Niba nta byangombwa by’abimukira ufite, ufite uburenganzira bwo kuguma wicecekeye. Nta kibazo ugomba gusubiza ku bijyanye na sitati yawe, aho wavukiye cyangwa igihe wagereye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Zirikana ko amategeko atandukanye akoreshwa ku masuzumiro y’abimukira no ku masanganzira yinjirirwamo mu gihugu

24 of 42

Ese nshobora gukora ingendo imbere mu gihugu?

24

  • Guhera ku ya 7 Gicurasi 2025, umuntu ushaka kugenda mu ndege imbere muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika agomba kuba afite icyangombwa cyemewe na leta nka pasiporo, green card, uruhushya rw’akazi, cyangwa irangamuntu cyangwa uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga rwa leta rwuzuza ibisabwa n’amategeko ya REAL ID.
    • Irangamuntu ya REAL ID ya Massachusetts ihabwa gusa abantu bashobora kugaragaza ko bafite uburenganzira bwo gutura mu gihugu byemewe n’amategeko
  • Ingendo ziteza akaga:
    • Inzego zishinzwe kubahiriza amategeko y’abimukira zishobora kuboneka ku bibuga by’indege no mu modoka za rubanda mu bilometero 160 uvuye ku mupaka.
    • Uwo ari we wese ufite urubanza rw’abimukira rutararangira, wigeze gushyirirwaho itegeko ryo gusubizwa iwabo, amateka y’ibyaha, cyangwa uzwi cyane muri politiki agomba kuba maso.
    • Nugira gahunda yo gukora ingendo, tekereza ku byo wakora kugira ngo wirinde no gutegura gahunda yo guhangana n'ibintu byihutirwa.
    • Niba ufite impungenge zo gukora ingendo bitewe na sitati yawe y’abimukira, ganira n’umujyanama wizewe mu by’amategeko.

25 of 42

Uko Witegura

25

  • Menya uburenganzira bwawe mu gihe umupolisi yakubaza ibibazo cyangwa akakugeraho mu rugo.
  • Fata mu mutwe nomero za telefoni z’abagize umuryango wawe n’iy’umwavoka/umuryango wizeye. Ushobora kubona umwanya wo guhamagara inshuro imwe gusa igihe ufashwe!
  • Tekereza ku Munyamerika cyangwa umuntu ufite uburenganzira bwo gutura wizeye ushobora kukwishyurira ingwate mu gihe umucamanza w’abimukira yayiguhaye.

26 of 42

26

UBONYE ICE?

HAMAGARA UMURONGO

WA LUCE

Dukora iki?

Kwemeza amakuru y’ababonye ICE

Kugufasha gukoresha uburenganzira bwawe

Gusangiza amakuru yizewe hagamijwe kurinda umuryango

LUCE MASSACHUSETTS ICE WATCH

27 of 42

Gufatwa no Gufungwa

  • Niba wafashwe cyangwa ufunzwe, NTUKORE ibi bikurikira:
    • Gushyira umukono ku cyangombwa icyo ari cyo cyose cyangwa kwemera “gufata urugendo ku bushake” utagishije inama umwavoka
    • Kwizera abakozi bashinzwe abimukira ngo baguhe amakuru ku burenganzira bwawe; saba umwavoka amakuru y’ukuri.
  • Ufite uburenganzira bwo:
    • Kuguma wicecekeye.
    • Guhamagara umwavoka cyangwa umuntu wo mu muryango
    • Kugendererwa n’umwavoka aho ufungiwe
    • Kuvugana na konsila w’igihugu cyawe

Ushobora gukoresha urubuga rw’ishakiro ry’abafunzwe (locator.ice.gov) kugira ngo ubone umuntu wafashwe n’inzego z’abimukira.

27

28 of 42

Kurekurwa ku Ngwate

28

  • Inzego zishinzwe abimukira zishobora gufata icyemezo cyo gufunga umuntu zishaka gusubiza iwabo
  • Niba ufashwe, abantu benshi bashobora gusaba kurekurwa ku ngwate. Kurekurwa ku ngwate bivuga ko uba ushobora kuba mu rugo mu gihe urubanza rwawe rukiri mu nzira, ukajya mu rukiko witabiriye iburanisha.
  • Ushobora gusaba umucamanza w’abimukira kongera gusuzuma icyemezo ku ngwate
  • Birafasha kugaragaza imibanire ikomeye n’umuryango ndetse n’abaturanyi
  • Umunyamerika cyangwa umuntu ufite uburenganzira bwo gutura byemewe n’amategeko ni bo bonyine bagomba kujya kwishyura ingwate

29 of 42

Menya Uburenganzira Bwawe: Kwitegura k’Umuryango

29

30 of 42

Uburenganzira bw’Ababyeyi

30

  • Ufite uburenganzira bwo gufata imyanzuro ku birebana n’abana bawe utitaye kuri sitati yawe y’abimukira
  • Nta makuru ugomba gutanga ku bana bawe, ariko ushobora kubwira inzego z’abimukira ko ari wowe ubitaho mu buzima bwa buri munsi.
  • Ufite uburenganzira bwo gutegura uko umwana azitabwaho
  • Ushobora gusaba guhamagara kuri telefoni igihe ufashwe kandi ugasaba kumenya uko uzavugana n’abana bawe
  • Niba abana bawe bari mu miryango yita ku bana, ugumana uburenganzira bwo gukurikirana imanza zabo n’iyo waba wasubijwe mu gihugu cyawe, keretse igihe uburenganzira bwawe bwo kurera bwaba bwarakuweho burundu
  • Gufungwa cyangwa gusubizwa mu gihugu cyawe si ukureka abana burundu

31 of 42

Kwitegura k’Umuryango

31

32 of 42

Kwiteganyiriza kw’Umuryango

32

  • Ese Gahunda yo Kwitegura k’Umuryango ni Iki?
    • Igikoresho kigufasha gufata imyanzuro yizewe ku buryo bwo kwita ku umuryango wawe
    • Gahunda y’umutekano ituma ababyeyi n’abarera abana bahanganye n’icyago cyo gufungwa cyangwa gusubizwa mu gihugu cyabo babona amahirwe yo gufata imyanzuro ku birebana na:
      • Uzasigara yita ku bana bawe igihe uzaba udahari
      • Gahunda yo kuzuza ibikenerwa by’umwana mu burezi, ubuvuzi n’amarangamutima igihe uzaba udahari
      • Gahunda yo kongera kubonana

33 of 42

Uko Wategura Gahunda

33

Rinda amakuru yawe: Bwira ishuri ko udashaka ko amakuru y’umuryango wawe agaragara mu gitabo cy’ishuri cyangwa ku mbuga nkoranyambaga z’ishuri.

Vugurura abantu bashobora guhamagarwa: Ha ishuri nomero za telefoni z’abantu wizeye bazafata umwana ku ishuri mu gihe waba utabashije kubikora.

Andikisha ivuka ry’umwana kwa konsila y’iwanyu mu mahanga: niba bishoboka ko umwana azajya cyangwa azimurirwa mu gihugu cyawe.

Saba pasiporo y’umwana: Leta nyinshi zisaba impushya z’ababyeyi bombi kugira ngo abana babo bahabwe pasiporo. Niba ufite icyemezo cyihariye cy’urukiko kiguhesha ububasha bwo kurera abana wenyine, ntukeneye uruhushya rw’undi mubyeyi.

Andika ibaruwa y’ingendo: Niba umwana akeneye kuva muri Amerika atari kumwe nawe, ashobora gukenera ibaruwa iriho umukono wa noteri imuhesha uruhushya rwo gukorana urugendo n’umuntu mukuru wizewe. Hamagara kompanyi y’indege cyangwa konsila kugira ngo ubone amabwiriza nyayo.

34 of 42

Ibaruwa Iha Uburenganzira Urera Umwana

Uburyo butemewe n’amategeko

Inyandiko Iha Uburenganzira Uhagarariye Umubyeyi by’Agateganyo

Kurera umwana byemewe n’amategeko

34

  • kuganira n’abantu wifuza ko bazita ku mwana cyangwa kwandika ibyo wifuza mu gihe cy’ibyago
  • biroroshye, ariko ntibiha umurezi uburenganzira bwemewe n’amategeko kandi ishuri cyangwa muganga w’umwana wawe ashobora kutubahiriza gahunda yawe
  • iha umurezi uburenganzira bwo gufata imyanzuro ku buzima n’amasomo y’umwana igihe kigera ku myaka 2;
  • umubyeyi agumana uburenganzira bwose kandi ashobora kubihagarika igihe cyose;
  • isaba umukono w’umubyeyi n’abatangabuhamya 2, ikanemezwa na noteri
  • iha “uhagarariye umubyeyi” cyangwa umuntu wahisemo uburenganzira bwo gufata imyanzuro yose (uretse gushyingirwa no kurerwa n’abataramubyaye) ku mwana, harimo n’iby’ubutunzi;
  • Kigira agaciro iminsi 60 iyo cyatangiye gukurikizwa ariko gishobora kongerwa;
  • Ababyeyi bombi bagomba gushyiraho umukono igihe bahari;
  • Igomba gushyirwaho umukono n’uhagarariye umubyeyi hamwe n’abatangabuhamya 2
  • urera umwana wemejwe n’urukiko agira uburenganzira bwose bw’umubyeyi kandi ni we ubukoresha;
  • bigomba kunyuzwa mu rukiko.

35 of 42

35

Ibuka kubika inyandiko zose z’abimukira

Inyandiko zimwe ziba zirimo nomero za A cyangwa amatariki y’iburanisha cyangwa andi matariki ya gahunda zo kubonana n’abashinzwe abimukira — ayo makuru ni ingenzi cyane!

Bishobora gufasha kubwira umuryango aho ubika izi nyandiko.

Inyandiko Z’Ingenzi

Tegura dosiye irimo inyandiko z’ingenzi cyangwa kopi z’izo nyandiko. Menya neza ko wowe, umuryango wawe, n’uwagennye kukwitaho mu gihe cy’ibyago mwese muzi aho izo nyandiko zibitswe. Dore ingero z’inyandiko (cyangwa kopi zazo) ushobora kumenya ko ari ngombwa gukusanya:

□ Pasiporo

□ Impapuro z’Ivuka

□ Icyemezo cy’Ishyingirwa

□ Impapuro z’ubwishingizi

□ Inyandiko z’urukiko rw’umuryango, nk’ibyemezo byo kurera cyangwa impapuro z’uburenganzira bwo kurera

□ Inyandiko zose zijyanye n’abimukira (uruhushya rw’akazi, green card, viza, n’ibindi), cyane cyane izerekana nomero yawe ya “A”

□ Uruhushya rwo Gutwara Ibinyabiziga cyangwa Andi Makarita y’Indangamuntu

□ Ikarita y’Ubwiteganyirize cyangwa nomero ya ITIN

□ Igitabo cy’iyandikisha ry’abana

□ Urupapuro rurimo amakuru y’ingenzi ku bana

□ Amakuru y’Uwo Wahamagara mu Gihe cy’Ibyago

□ Ibaruwa Iha Uburenganzira Urera Umwana

□ Inyandiko Iha Uburenganzira Uhagarariye Umubyeyi by’Agateganyo

□ Izindi nyandiko zose wumva ko ari ngombwa

36 of 42

Menya Uburenganzira Bwawe: Aho Wabonera Ubufasha bw’Amategeko

36

37 of 42

Menya Amahirwe Yawe mu by’Amategeko

  • Amategeko n’amabwiriza y’abimukira ahindagurika kenshi.

  • Niba wumva impinduka ziheruka zishobora kugukoraho, ni byiza guhura n’umujyanama wemewe mu by’amategeko y’abimukira.

  • Si buri wese uzabona inzira yo kubona uburenganzira bwo gutura, ariko ni byiza kumenya aho uhagaze!

37

38 of 42

38

Ni bande bashobora kumpa inama no kumvuganira mu gusaba cyangwa mu rubanza rw’abimukira?

Umwavoka (umunyamategeko) ufite uruhushya rukemewe rwo gukora umwuga w’amategeko.

Uguhagarariye wemejwe” ukorera umuryango udaharanira inyungu, wahawe amahugurwa n’uburenganzira bwihariye na Leta ya Amerika bwo gufasha abantu mu manza z’abimukira. Ushobora gushakira izina ry’uwo muryango n’uwo muntu ku rutonde rw’abahagarariye bemererwa na leta.

Ba noteri ba leta (cyangwanotarios”) si abavoka muri Amerika kandi ntibemerewe gutanga inama mu by’amategeko.

Abandi bantu nk’abasemuzi cyangwa abagenagaciro b’imisoro. Abasemuzi bashobora gufasha guhindura inyandiko z’ingenzi rimwe na rimwe zikenerwa mu manza z’abimukira, kandi abagenagaciro bashobora kuzuza ifishi bakoresheje gusa amakuru yatanzwe n’usaba, ariko ntibashobora gutanga inama mu by’amategeko.

39 of 42

Nakora iki niba mpuye n’uburiganya?

39

Ushobora gutanga ikirego! Ibi bishobora gufasha mu kurinda abandi kandi bikagufasha no gukemura ikibazo cyawe. Ushobora kwitangira ikirego kuri:

The Massachusetts Attorney General’s Office (Ibiro bya Avoka Jenerali wa Massachusetts):

(617) 963-2917 cyangwa https://www.eform.ago.state.ma.us/ago_eforms/forms/piac_ecomplaint.action

The Massachusetts Board of Bar Overseers

(Inama Nkuru Ishinzwe Kugenzura Abavoka muri Massachusetts): https://www.massbbo.org/s/complaints

The immigration court Fraud and Abuse Prevention Program (if you are already in immigration court):

Porogaramu yo Kurwanya Uburiganya n’Itotezwa mu Rukiko rw’Abimukira (niba uri mu rukiko rw’abimukira)

(703) 305-0470 cyangwa EOIR.Fraud.Program@usdoj.gov

40 of 42

Aho Wabonera Ubufasha mu By’Amategeko y’Abimukira

40

41 of 42

KORA UBU!

41

Shyira umukono ku Cyifuzo cya MIRA kandi umenye impinduka z’amabwiriza, ibikorwa biri imbere n’amahirwe yo kwitanga ku bushake.

42 of 42

Izindi Nyandiko Zagufasha

42